Home history

ETEKA yatashye igorofa yatewe inkunga n’Ubuyapani


Muri uyu muhango amabasaderi w’ubuyapani yavuzeko  hari umubano mwiza  hagati y’u Rwanda n’Ubuyapani ariyo mpamvu biyemeje gushyigikira Uburezi  mu Rwanda cyane cyane amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.


Amb Takayuki akavuga ko hari imishinga ibiri yo gufasha amashuri  y’imyuga n’ubumenyingiro mu Ntara y’iburasirazuba no mu Ntara  y’Amajyepfo bari bateganyirije amafaranga kuva umwaka ushize wa 2016  n’uyu wa 2017.

Ati “kuri iyi nyubako twatanze inkunga ya Miliyoni zirenga 60  kandi tuzakomeza gushyigikira ireme ry’uburezi kugira ngo aho  abanyeshuri bigira harusheho kuba neza.”

Burigo Vital uyobora ETEKA avuga ko hari abarimu b’inzobere bahaye  akazi barangije amashuri ya Kaminuza mu birebana na Tekiniki, imyuga  n’ubumenyigiro ngo icyari gikurikiye yari inyubako ikwiye gutangirwamo  uburezi bukwiye.

Burigo  ati “Dufite ibikoresho bigezweho kandi Abanyeshuri bafata  umwanya uhagije wo gushyira mu bikorwa ubumenyi bahabwa, tugiye no  kuvugurura n’izindi nyubako zishaje.”

Béatrice Uwamariya Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga yavuze ko ETEKA ari  rimwe mu mashuri afite icyerekezo n’imiyoborere bigaragaza akamaro ku  gihugu.

Yashimiye kandi Ubuyapani bwatanze inkunga yo guteza imbere uburezi  anabasaba gukomeza gutera inkunga amashuri nk’aya afitiye urubyiruko  akamaro.

Muri miliyoni zirenga 100 z’amafaranga y’u Rwanda iyi nyubako yatwaye  ababyeyi batanze hafi kimwe cya kabiri cyazo binyuze mu mafaranga  y’ishyurwa n’abanyeshuri biga mu mashami y’amashanyarazi, ubwubatsi,  n’ubukanishi bw’imodoka.



I BUILT MY SITE FOR FREE USING